Bull Dogg agiye kwitabira Iwacu Muzika Festival 2025, nk’uko byemejwe na KISS FM kurukuta rwa facebook. v

Uncle Austin, umunyamakuru wa Kiss FM akaba n’umuhanzi ukomeye mu muziki nyarwanda, yahamije ko Bull Dogg azaba ari mu bahanzi bazitabira Iwacu Muzika Festival 2025, mu kiganiro yagiranye na IMIHIGO NEWS.

Mu kiganiro cyihariye na KISS FM yagiranye na Uncle Austin, umunyamakuru n’umuhanzi ubifitemo uburambe, yagaragaje ko Bull Dogg yamaze kwemezwa nk’umwe mu bahanzi bazaririmba muri Iwacu Muzika Festival 2025. Ibi bikaba ni nyuma y'uko Umuhanzi Kevin Kade atazaboneka muri iyi festival.

Ubwo yabazwaga kuri Radiyo ku makuru yerekeranye n’impinduka zabaye ku rutonde rw’abahanzi bazitabira Iwacu Muzika Festival 2025, Bull Dogg yetangaje ko azaba ari mu bahanzi bazitabira iyi festival. Ni umwe mu bahanzi bafite uruhare runini mu muziki nyarwanda, kandi abafana be bategerezanyije amatsiko kurubyiniro azabazamuriraho.”

Bull Dod yagaragaje ko Iwacu Muzika Festival ari imwe mu nzira z’ingenzi zifasha guteza imbere umuziki nyarwanda, anashima uruhare rw’abahanzi bazaririmba ndetse n'abashyigikiye iki gikorwa.

Kevin Kade wari witezwe ntazaboneka nk’uko byari biteganyijwe, ariko Austin yemeje ko impinduka zari ngombwa, kandi Bull Dogg ari mu mwanya mwiza wo kuziba icyuho, cyane cyane mu gususurutsa abakunzi ba Hip Hop. Yagize ati:“Bull Dogg ni umuhanzi umaze imyaka, wiyubatse, kandi ubusanzwe ufite abafana bakomeye. Azanye amaraso mashya mu muziki wa festival w’uyu mwaka.”

Kwitabira kwa Bull Dogg muri Iwacu Muzika Festival 2025 kwemejwe na Uncle Austin ni inkuru nziza ku bakunzi ba Hip Hop n’imiziki ikomeye. Mu gihe imyiteguro ikomeje, festival iragenda isobanura isura yayo nshya y’uyu mwaka, aho abahanzi bafite ibitekerezo bikomeye bazasangira ibyishimo n’abanyarwanda mu turere dutandukanye.

Source: urbuga rwa facebook ya kiss fm https://web.facebook.com/photo?fbid=1021800716830766&set=a.516400684037441

Post a Comment

0 Comments