Urubuga rwa WhatsApp ruratangaza uburyo bushya bwo kurinda ibiganiro bwiswe Advanced Chat Privacy, bugamije gukumira isakazwa ry’amakuru bwite y’abakoresha.
Mu buryo busanzwe, abantu bashoboraga kubika amashusho
cyangwa ubutumwa bagashyira ku zindi mbuga, cyangwa bakabwoherereza abandi
bantu. Gusa ubwo buryo bushya buzarinda ayo makuru guhererekanywa ku buryo
bworoshye, by’umwihariko ku mbuga zikoresha ubwenge buhangano (AI).
WhatsApp ivuga ko ibi bizatuma abantu barushaho kwigirira
icyizere, kuko nta muntu uzongera gusakaza ibyo baganiriyeho batabiherewe
uburenganzira.
Nk’uko byatangajwe na 7sur7, iri koranabuhanga rizatangira
gukoreshwa mu mezi ari imbere kandi rizahita riboneka ku bantu bose bakoresha version
nshya ya WhatsApp kuri telefone zabo.
Iri vugurura rya WhatsApp ni intambwe ikomeye mu guharanira uburenganzira
bw’abakoresha b’iyo porogaramu. Abantu bakomeza kugirirwa icyizere ko ibiganiro
byabo bitazajya bihonyorwa cyangwa bisakazwa n’abandi batabifitiye
uburenganzira.
Ni ikimenyetso cy’uko WhatsApp ikomeje guharanira ko umutekano n’ubusugire bw’ibiganiro bibera kuri urwo rubuga bibungabungwa mu buryo bugezweho.
0 Comments
Ibihe byiza! Tanga ibitekerezo byawe ku nkuru