Burundi: Uburundi Bwakoze Amasengesho yo Gusabira Igihugu, Nyuma y’Ayo Perezida Ndayishimiye Yitabiriye muri Amerika


Kuri uyu wa 31 Werurwe 2025, mu kigo cy’Inteko Ishinga Amategeko i Kigobe habereye amasengesho ngarukamwaka yo gusabira Uburundi. Aya masengesho yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’igihugu barimo Perezida Evariste Ndayishimiye, abayoboye Uburundi mu bihe byashize, ndetse n’intumwa zaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

 

Amasengesho yo gusabira igihugu ni umuco umaze gushinga imizi mu Burundi, aho abayobozi n’abaturage bahurira hamwe bagasenga basaba umugisha no guharanira iterambere. Ibi birori byo kuri uyu wa 31 Werurwe bibaye mu gihe gito nyuma y’uko Perezida Ndayishimiye yitabiriye andi masengesho nk’ayo yabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Gashyantare 2025.

 

Amasengesho yabereye mu Burundi kuri uyu wa Mbere yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’igihugu, barimo Perezida Evariste Ndayishimiye, abahoze bakuriye igihugu, ndetse n’intumwa zaturutse muri Amerika. Abari aho baganiriye ku bibazo byugarije igihugu, barasenga basaba amahoro, ubumwe, no gukomeza iterambere ry’igihugu.

Intumwa zaturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari mu mugwi usanzwe utegura amasengesho nk’aya abera i Washington. Ibi bigaragaza ko aya masengesho afite umwihariko, kuko ashyira hamwe abayobozi batandukanye mu rwego rwo gusabira igihugu no gusangira ijambo ry’Imana.

Ni mu gihe kandi aya masengesho yo muri Kigobe akurikiye ayabereye muri Amerika muri Gashyantare 2025, aho Perezida Ndayishimiye yifatanyije na bagenzi be baturutse mu bihugu bitandukanye. Ibibazo by’umutekano, iterambere n’imibanire mpuzamahanga byagarutsweho muri ayo masengesho, aho na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika nti yagaragaye mu bitabiriye ariko yahagarariwe n’intumwa zitegura Amasengesho I Washington DC.


Iki ni ikibazo cyateye impaka mu basomyi: Ese kuba Perezida Ndayishimiye yaritabiriye amasengesho muri Amerika byaba bisobanuye iki ku mubano w’Uburundi na Amerika? Ese uburundi burimo gutera intambwe nshya mu mubano n’ibihugu by’ibihangange?

 

Amasengesho yo gusabira igihugu ni igikorwa cyimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu Burundi. Kuba abayobozi batandukanye baritabiriye aya masengesho, byerekana ubushake bwo gushyira hamwe no gukomeza gusabira igihugu iterambere n’amahoro.

Gusa, hakibazwa niba imibanire y’Uburundi na Amerika yaba iri mu nzira nshya, cyangwa niba ari ibisanzwe mu rwego rw’ubufatanye busanzwe bw’ibihugu byombi. Ni ibintu bikwiye gukurikiranwa n’abasesenguzi ba politiki mpuzamahanga.

Top of Form

 


Bottom of Form

 


Post a Comment

0 Comments