Mu masengesho yo gushimira Imana yabereye i Gitega, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagaragaje akababaro gakomeye ku bijyanye n’uburyo bamwe mu bayobozi bo mu gihugu cye bamurwanya rwihishwa, bagasahura igihugu, ndetse bakabangamira iterambere rya 2040–2060 yari yiteze.
Itariki ya 21 Ruheshi 2025, mu masengesho yo gushimira Imana yabereye i Gitega, yahindutse urubuga rukomeye Perezida Ndayishimiye yakoresheje ngo avuge akarengane abona gakorerwa igihugu n’abo yise “umurwi w’indongozi wagize urunani rwo kumurwanya.” Mu ijambo rye ryumvikanye rifite amarangamutima, yavuze ku bibazo bikomeye by’ubukungu, ubuyobozi, no gukoresha nabi umutungo
Mu ijambo rye, Perezida yavuze ko hari abantu bafite imbaraga nyinshi barwanya ubuyobozi bwe. Ati: “Hari umurwi w’indongozi wagize urunani rwo kundwanya, rwarakoze, kandi birigaragaza. Ibi bituma mbona kazoza ka 2040–2060 nk’igitsure.” Aha yagaragazaga ko hakiri imbogamizi nyinshi zishingiye ku makimbirane ya politiki, amacakubiri, ndetse n’ubusahuzi bwa ruswa.
Hari abaturage n’abasesenguzi bagaragaje impungenge ku kuba Perezida ahora yitabaza imbaga mu nsengero cyangwa imbwirwaruhame ngo yidogere ikibazo kimwe ,aho kuba umuyobozi uhaguruka agatanga ibisubizo bifatika. Bamwe bati:“Kuki yama aza yidoga? Abarundi ntibamutoye ngo yame yitotomba, ahubwo ngo ayobore.”
Perezida Ndayishimiye ntiyacitse n’ururimi ku gusubiza abamushinja gucungira hafi umutambukanyi we, Angelina Ndayishimiye, bamushinja gukoresha amafaranga menshi mu ngendo, mu myambaro y’akataraboneka, no mu bikorwa bidahwitse ku rwego rw’igihugu gikenye. Abasesenguzi bamwe bagaragaje ko ibi bigaragaza urujijo mu miyoborere y’umutungo wa Leta. Ijambo ryashenguye benshi ni aho Perezida yavuze ko muri 2024 hasohoyee arenga miliyaridi umunani(8) y’amadolari, ariko Banki Nkuru y’igihugu (BRB) itabizi. Ati:“Mwibaze basha… muri 2024 hasohotse imiliyaridi y’amadolari kandi BRB ntacyo izi! None iyo amafaranga avuye mu gihugu angana atyo, izindi nzego ntizibizi, tuba turi he?” Iri jambo ryateje impaka rikomeye ku rwego mpuzamahanga, aho ryerekana icyuho gikabije mu mikorere ya shingamateka (minisiteri), abashinzwe imisoro, abinjiza amafaranga n’abandi bayobozi.
Hari abavuga ko kuba Perezida yivugira ko hari ibintu atabasha gucunga neza, ari ikimenyetso cy’uko ashobora kuba yatsinzwe mu buyobozi, cyangwa se ko yabaye intwari mu kuvuga ibitagenda. Ariko ikibazo gikomeye kiracyahari: kuki nk’umukuru w’igihugu atagira igisubizo gikomeye, ahubwo agakomeza kwidoga gusa?
Ijambo rya Perezida Evariste Ndayishimiye ryatanze ishusho y’igihugu kirimo ibibazo bikomeye birimo ruswa, kubura imiyoborere ihamye n’urusobe rw’abantu bafite ububasha barwanya ubuyobozi. Ariko ku rundi ruhande, impungenge z’abaturage zigaragaza ko umukuru w’igihugu ashobora kuba atagifite ubushobozi bwo guhangana n’izo mbogamizi. Ese guhora yidoga imbere y’abaturage, ntibyaba ari uburyo bwo kwerekana ko na we yacitse intege?
Perezida Evariste Ndayishimiye, Burundi, Gitega, amasengesho, ruswa, Angelina Ndayishimiye, BRB, amafaranga y’igihugu, One Dollar, imiyoborere, ubusahuzi

0 Comments
Ibihe byiza! Tanga ibitekerezo byawe ku nkuru