Ku wa Kabiri tariki ya 30 Nzeri 2025, umwarimu witwa
RUKIKAMIHIGO Olivier wigisha mu kigo cy’amashuri cya GS Ntete,
giherereye mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kiramuruzi, yakoze igikorwa
cy’indashyikirwa cyo kwambika abanyeshuri babiri b’abakobwa batagiraga
umwambaro w’ishuri kubera ikibazo cy’ubukene. Iki gikorwa cyateye ibyishimo ku
banyeshuri, ubuyobozi bw’ishuri, ndetse n’abaturage bo mu mudugudu w’Itaba.
Mu Rwanda, uburezi bufite ireme ni inkingi y’iterambere
rirambye. Gahunda za Leta zigamije ko buri mwana w’Umunyarwanda abona amahirwe
yo kwiga neza, mu buryo buboneye kandi butuma yigirira icyizere. Ariko, mu bice
by’icyaro, hari abana bagihura n’imbogamizi zishingiye ku bukene, zirimo no
kutagira umwambaro w’ishuri. Muri urwo rwego, igikorwa cyakozwe na Mwalimu
RUKIKAMIHIGO Olivier cyagaragaje ko uburezi bufite ireme butangirira ku kwita
ku mwana, aho kuba gusa ku masomo. Yambitse abanyeshuri babiri b’abakobwa,
NIYOMUBYEYI Julienne na MUKANDAYISENGA Giselle, biga mu mwaka wa gatatu
w’amashuri abanza, amajipo y’ishuri, kuko batagiraga unifomo yuzuye bitewe
n’ubushobozi buke bw’imiryango yabo.
Ubuyobozi bwa GS Ntete bwashimye cyane iki gikorwa. Umuyobozi w’ishuri
UKOBIZABA Emmanuel yavuze ati:“Iki ni igikorwa kintangarugero. Mwalimu
RUKIKAMIHIGO Olivier yerekanye ko uburezi bufite ireme kandi butangirira ku kwita ku
mwana no kumwereka urukundo nyarwo bityo bikamubera imbarutso yo gutsinda neza. Twifuza ko n’abandi barimu babigira ibyabo cyangwa bakadutungira agatoki ku mwana wese ukeneye ubufasha.” Yongeyeho ko mu gace
k’icyaro nk’aka, aho ubushobozi bw’ababyeyi buba buke, ibikorwa nk’ibi bifasha
abanyeshuri gukomeza kwiga bafite icyizere, bikaba ari byiza kandi bikenewe cyane.

Iki gikorwa cyagaragaje ko uburezi si amasomo gusa, ahubwo ari n’uburere.
Kwereka abana ko bafitiye agaciro ishuri, bituma barushaho kwitwara neza, kwiga
neza, no gukunda ishuri. Ni igikorwa gishimangira indangagaciro z’ubumuntu,
ubufatanye, n’urukundo. Kandi ni igisubizo ku bibazo by’ubukene bikibangamiye
ireme ry’uburezi mu bice bimwe na bimwe by’igihugu.
Ubuyobozi bw’ishuri bwasabye ko n’abandi barimu bashobora
gukora ibikorwa nk’ibi babikora, kuko bifasha abana mu buryo bw’imitekerereze,
imyitwarire, n’imyigire. Ababyeyi nabo basabwe gukomeza gufatanya n’ishuri mu
kwita ku bana, haba mu myambaro, mu mirire, no mu burere. By’umwihariko,
hashimangiwe ko ubufatanye hagati y’abarimu n’ababyeyi ari inkingi y’uburezi
bufite ireme.
Igikorwa cyakozwe na Mwalimu RUKIKAMIHIGO Olivier
cyagaragaje ko uburezi bufite ireme butangirira ku kwita ku mwana nk’umuntu,
cyane cyane iyo ahura n’imbogamizi zishingiye ku bukene. Abana bafashijwe
bagaragaje ibyishimo, ubuyobozi bw’ishuri bwarashimye, kandi ubutumwa bwageze
ku bandi barimu n’ababyeyi. Mu gihe Leta ikomeje gushyira imbere gahunda zo
guteza imbere uburezi, ibikorwa nk’ibi bigaragaza ko ubufatanye bw’abarimu,
ababyeyi, n’ubuyobozi ari ingenzi mu kurandura ubukene no guteza imbere uburezi
bufite ireme.


.jpeg)
.jpeg)
.jpeg)

.jpeg)
0 Comments
Ibihe byiza! Tanga ibitekerezo byawe ku nkuru