Mu gihe Leta y'u Rwanda ikomeje kurwanya ruswa n'ibindi byaha byibasiye inzego z'imiyoborere, Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abayobozi batatu bakuru b'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi (RMB), hamwe n'abandi barwiyemezamirimo bane, bakekwaho ibyaha bikomeye birimo ruswa, kwigwizaho umutungo no gukoresha ububasha bahabwa n'amategeko mu nyungu zabo bwite.
Mu bikorwa byo gukomeza kwimakaza imiyoborere myiza ishingiye ku mucyo,
ubutabera no kurwanya ruswa, RIB yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu yafunze
abayobozi batatu b'ikigo cya Leta gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi (RMB), ari
bo Rwomushana Augustin, Kanyangira John na Niyongabo Richard. Abo bayobozi
bafunganywe n'abandi bantu bane bo mu rwego rw'abikorera, bose bakekwaho kugira
uruhare mu bikorwa by'uburiganya, ruswa, no gukoresha ububasha mu nyungu zabo
bwite.
Abafashwe bose hamwe ni barindwi, bakaba bafungiwe kuri sitasiyo za RIB za
Rwezamenyo na Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali. RIB yatangaje ko abo bantu bari
basanzwe bafite aho bahurira mu mikorere y'akazi, aho abayobozi bakekwaho
kwakira cyangwa gusaba ruswa mu nyungu zabo bwite, bakoranye na bamwe mu
barwiyemezamirimo babaha ruswa kugira ngo babafashe kubona amasezerano ya
serivisi cyangwa ibikorwa byo gucukura amabuye y'agaciro, peteroli na gazi.
Ibimenyetso by’ibanze
byagaragaje ko hari imyitwarire igaragaza gukoresha ububasha bahabwa
n’amategeko mu buryo budakwiye, harimo gutanga uburenganzira bwo gucukura mu
buryo bunyuranyije n’amategeko, guhabwa amafaranga y’ishimwe (commissions)
binyuranye n’itegeko no gukoresha imyanya y’ubuyobozi mu nyungu bwite.
Mu itangazo RIB yasohoye,
yavuze ko ubu iperereza rikomeje kandi ko igihe nikigera dosiye izashyikirizwa
Ubushinjacyaha. "Abantu bose bishora mu bikorwa bya ruswa cyangwa
bakoresha ububasha mu nyungu zabo bwite bakwiye kwirinda kuko ibyo bikorwa bihanwa
n’amategeko y’u Rwanda," ni ko RIB yatangaje.
RIB yongeye kwibutsa
abaturarwanda ko icyaha cya ruswa ari icyaha kidasaza. Ibi bivuze ko igihe
cyose ibimenyetso byazaboneka, ababigizemo uruhare bashobora gukurikiranwa
n'ubwo cyaba cyarakozwe mu myaka myinshi ishize.
Hari hashize igihe havugwa
ibibazo mu micungire y’imishinga y’amabuye y’agaciro, aho hari bamwe mu
bayobozi n’abafatanyabikorwa mu rwego rw’abikorera bashinjwaga gukoresha
amayeri yo gutsindira amasoko ataboneye, bikabangamira andi masosiyete anyuze
mu mucyo. Ibi byakururaga igihombo ku gihugu no ku batuye mu duce amabuye
y’agaciro avukamo.
Abasesenguzi mu
by'imiyoborere n’ubukungu bavuga ko gufata abayobozi bakuru mu nzego nk’izi ari
ikimenyetso cy’uko inzego z’ubutabera zitangiye gukora akazi kazifitiye
inshingano, kandi bigaragaza ko igihugu cyiyemeje kwirinda icyaha cya ruswa no
kugikumira hakiri kare.
Ibigo bikomeye nka RMB
bifite uruhare runini mu bukungu bw’igihugu, kuko bicunga umutungo kamere w’u
Rwanda. Kuba abayobozi babyo bagaragara mu byaha nk’ibi, bibabaza benshi ariko
kandi bikaba isomo rikomeye ku bandi bafite inshingano zo gutanga serivisi ku
baturage no kurinda umutungo wa rubanda.
Ibi bikorwa bya RIB ni igihamya cy’uko urugamba rwo kurwanya ruswa rugikomeje
kandi rutazigera ruhagarara. Ubutumwa bukomeye butangwa ni uko ntawe uri hejuru
y’amategeko, kandi ko ibikorwa byose bigamije kwikubira, guhemuka no kunaniza
iterambere ry’igihugu bizakurikiranwa n’inzego zibishinzwe.
Abaturage barasabwa gutanga
amakuru y’icyaha igihe cyose babonye ibimenyetso, kuko igikorwa nk’iki kigira
ingaruka ku iterambere ry’igihugu cyose. RIB irakangurira buri wese kugira
uruhare mu kurwanya ruswa, kugira ngo u Rwanda rukomeze kuba igihugu gifite
imiyoborere myiza, ubuyobozi bufite icyerekezo, n’ubukungu bushingiye ku
mutekano no ku mucyo.
0 Comments
Ibihe byiza! Tanga ibitekerezo byawe ku nkuru