Uburundi bwasohoye ayasaga miliyoni 75.6 z’Amadolari mu Gisirikare mu 2024 || Ibihe Bikomeye ku Ngengo y’Imari ya Neva

Mu gihe ubutegetsi bwa Perezida Évariste Ndayishimiye (NEVA) bukomeje kwerekana ubushake bwo kongera imbaraga mu mutekano w’igihugu, igisirikare cy’u Burundi cyashowemo akayabo k’amadolari ya Amerika asaga miliyoni 75.6 mu mwaka wa 2024, ahanini ku nshuro ya mbere kuva yagera ku butegetsi. Ubu ni bwo bushobozi bukomeye igisirikare cy’u Burundi cyahawe kuva mu myaka ya vuba, bigaragaza impinduka muri politiki yo kurengera igihugu no gukaza umutekano.

Ingengo y’imari y’igisirikare cy’u Burundi yagiye izamuka uko imyaka yagiye ishira kuva Perezida Ndayishimiye Évariste yagera ku butegetsi mu 2020. Ariko umwaka wa 2024 wageze ku rwego rutigeze rugerwaho mu mateka y’igihugu kuva mu myaka ya vuba. Miliyoni 75.6 z’Amadolari ($75,600,000) ni yo yashowe mu rwego rw’igisirikare, hakubiyemo ibikoresho, imyitozo, imishahara, ibikorwa by’ubutasi ndetse no kurwanya iterabwoba ku mipaka y’igihugu. Aha abahanga mu byapolitiki bavuka ko ingengo yimari yaya mafaranga yaba ari muri DRCongo.

2020

$44.1 million

2021

$48.3 million

+9.5%

2022

$69.5 million

+43.9%

2023

$63.8 million

–8.2%

2024

$75.6 million

+18.6%

Inkuru dukesha SIPRI Database na African Defense Budget Report 2024 bavuga ko perezida Ndayishimiye yagera ku butegetsi, hashyizwe imbere isuku mu buyobozi bw’igisirikare, kongera ubushobozi bwa gisirikare cy’u Burundi, ndetse no gukorana bya hafi n’imiryango mpuzamahanga mu rwego rwo kurwanya iterabwoba n’ibibazo by’umutekano muke mu karere k’ibiyaga bigari.

Perezida Ndayishimiye yaje ku butegetsi asimbuye Pierre Nkurunziza, nyuma y’imyaka yari iranzwe n’umwuka w’intambara, imvururu z’imbere mu gihugu n’ukugabanuka kw’ubufatanye mpuzamahanga. Neva yagaragaje icyerekezo gishya cyubakiye ku gukura igihugu mu bukene binyuze mu mutekano n’iterambere.

Ibipimo by’imari bigaragaza ko igisirikare cyashyizwemo akabaraga mu buryo bukomeye, bikaba bifite ibisobanuro bikurikira: Kongera igipimo cy’imyitozo n’ibikoresho bijyanye n’igihe,Gukomeza gucunga umutekano ku mipaka nko ku Rwanda, DRC na Tanzania,Kurinda igihugu mu bihe bidasanzwe nk’icyorezo cyangwa umutekano muke w’akarere,Kongera ubushobozi bwo kujya mu butumwa bwa Loni n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Mu mwaka wa 2024, ubushobozi bw’ingabo z’u Burundi bwarushijeho kwiyongera: Abasirikare bagera ku 30,000 barimo abasirikare b’umwuga n’ab’inkubiri, Ibigega by’ibikoresho byongewe mo imodoka za gisirikare, drones n’ibikoresho by’itumanaho rihanitse,Kwimakaza ubufatanye n’ingabo z’u Rwanda, Uganda, Tanzania na DRC mu guhangana n'imitwe yitwaje intwaro muri Kivu

N’ubwo ubushobozi bw’ingabo bwiyongereye, hari impungenge: Ku muturage usanzwe, izi miliyoni 75.6 z’Amadolari zashowe mu gisirikare bishobora gusiga icyuho mu ngengo y’imari y’uburezi, ubuvuzi n’ubuhinzi.
Hari impaka ku gukoresha igisirikare mu bikorwa bya politiki no gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Nta gushidikanya ko ubutegetsi bwa Neva bwahinduye imikorere y’igisirikare cy’u Burundi. Umwaka wa 2024 wagaragaje ko ubutegetsi bushyira imbere umutekano nk’inkingi ya mbere y’iterambere. Ariko ikibazo kizahoraho ni kimwe: Ese izo miliyoni z’amadolari zizatanga umusaruro mu kubaka amahoro arambye n’iterambere rusange ry’igihugu? Igihe ni cyo kizabisubiza.

Burundi Defense, Ingabo z’u Burundi, Perezida Ndayishimiye, EAC Security, Umutekano w’u Burundi, Ingengo y’Imari ya Gisirikare, SIPRI, NEVA Government

Mu 2024, u Burundi bwashoye miliyoni 75.6 z’Amadolari mu gisirikare, bikaba ari yo ngengo y’imari nini igisirikare cyigeze guhabwa kuva Perezida Ndayishimiye yagera ku butegetsi.

 

#miliyoni 75.6 z’Amadolari

Post a Comment

0 Comments