Umuyobozi Mukuru w’ Umwalimu SACCO yagaragaje serivisi zihabwa abarimu n’akamaro k’inguzanyo

UMUYOBOZI B'UMWALIMU SACCO (DG)

Mu kiganiro cy'Urubuga rw’Itangazamakuru gikorwa buri cyumweru kuva saa 14h00 kugeza saa 15h30, cyanyuze ku maradiyo 14, Isango Star TV na Auntantic TV, hatumiwemo abayobozi bakuru ba Umwalimu SACCO n’umwarimu uhagarariye abanyamuryango. Ikiganiro cyibanze ku mikorere y’uyu mutwe w’imari, serivisi utanga n’akamaro kawo mu buzima bw’abarimu.
Abari batumiwe ni Madamu Laurent Uwambaje, Umuyobozi Mukuru wa Umwalimu SACCO (GD), Bwana Hakizimana Gaspard, Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi, ndetse na Jean de Dieu Habarurema, umunyamuryango wa SACCO akaba n’umwarimu mu mashuri yisumbuye. Ibi biganiro byibanze ku gutanga ibisobanuro ku mikorere ya SACCO, n’uburyo ikomeje kuba igisubizo cy’ubukungu ku barimu b’u Rwanda.

Mu ijambo rye, Madamu Laurent Uwambaje yashimiye abarimu bitabira serivisi za SACCO anagaragaza ko iyi koperative yihaye intego yo gutanga serivisi zinoze kandi zifasha umwarimu mu iterambere. Yagize ati: “Turifuza ko buri mwarimu yumva ko Umwalimu SACCO atari ikigo gusa, ahubwo ari inkingi y’iterambere rye. Iyo tubonye uko inguzanyo zibafasha kwiyubakira amazu, kwiga, no gutangira imishinga mito, biduha imbaraga zo gukomeza kubakorera neza.”

Yongeyeho ko ibibazo by'abanyamakuru birebana n’imikorere y’iyo koperative byasubijwe mu buryo burambuye kandi busobanutse.

Ku rundi ruhande, Bwana Hakizimana Gaspard yagarutse ku mateka ya SACCO, avuga ko yatangiye mu 2006, ariko mu 2008 Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yemereye iyi koperative inkunga ya miliyari 5 Frw, mu rwego rwo gufasha abarimu kubona amafaranga abafasha kurushaho kwiteza imbere.

Yagize ati:“Iri terambere ryashyigikiwe n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu ryafashije abarimu kubona amahirwe atari mu mushahara gusa, ahubwo no mu bufasha bwihariye bubunganira.”

Jean de Dieu Habarurema, nk’umwarimu unari mu banyamuryango, yashimye uburyo SACCO yatumye abasha gutera imbere, anasaba bagenzi be kutayifata nk’indi banki isanzwe.

Mu gusoza ikiganiro, Madamu Uwambaje yasabye abarimu bose gutangira guhemberwa binyuze muri Umwalimu SACCO, kugira ngo bifashe kugera ku ntego z’ubukungu bw’umwalimu, nk’uko biteganywa n’itangazo rya Minisitiri w’Uburezi riherutse gusohoka.

Yagize ati:“Duharanira ko buri mwarimu agira amahirwe angana, kandi uburyo bwiza bwo kubigeraho ni uko ubufasha n’imari byose binyuzwa muri SACCO y’abarimu. Twiteguye guherekeza buri wese mu rugendo rwo kwiteza imbere.”


Source ifoto ISANGO STAR



 


 


Post a Comment

0 Comments