REB yashyize ahagaragara Urutonde Rushya rw’Ibigo byemewe gufasha abakandida bigenga (2025) #Ibizamini bya Leta 2025 #Abakandida bigenga

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) cyashyize ahagaragara urutonde ruvuguruye rw’ibigo byigenga byemewe gutegura abakandida bigenga bitegura ibizamini bya Leta mu byiciro byose: P6, S3, S6, n’ibindi. Ibi bigo bizwi nka “coaching centers” cyangwa “training centers” bifasha abanyeshuri batiga mu mashuri asanzwe, ariko bashaka gukora ibizamini bya Leta mu rwego rwo kugera ku bumenyi bwisumbuye.

REB FOTO

 Mu rutonde rwasohowe, ibigo birenga 100 byemejwe, harimo n’ibigo bishya byongerweho mu turere dutandukanye two mu Rwanda. Hari kandi ibigo byavanweho kubera kutuzuza amasezerano y’ubunyamwuga n’ibindi bisabwa n’ikigo REB.


REB iributsa ababyeyi n’abanyeshuri ko bagomba kwitondera ahantu biga kugira ngo bitirirwe amashuri atemewe. Gusuzuma ko ikigo kiri kuri uru rutonde ni ingenzi mu rwego rwo kwirinda kugwa mu gihombo cy’ubumenyi butemewe cyangwa kutabasha gukora ibizamini bya Leta.

 Kanda hano kugira ngo ubone urutonde rw’ibigo byemewe https://shorturl.at/232Vu

 

Ni ingenzi cyane kwita ku kigo wiyandikishirizaho kugirango wirinde guhomba igihe n’imbaraga. Guhitamo ikigo cyemewe kandi kiri kuri uru rutonde bizatuma umwana wawe cyangwa umukandida wifuza gukora ibizamini abona amahirwe meza mu nzira y’inyigisho zemewe n’amategeko.

 






Post a Comment

0 Comments