Abadepite Basabye RMC Gukaza Umurego mu Kurwanya Ibitangazwa bikoma Ubumwe n’Ubwiyunge

Mu gihe itangazamakuru rifatwa nk’inkingi y’iterambere n’imiyoborere myiza, bamwe mu badepite bagaragaje impungenge z’ibihuha bikomeje gukwirakwizwa n’abanyamakuru bamwe, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, bikabangamira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.


Abagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside mu Nteko Ishinga Amategeko, basabye Urwego rw’Abanyamakuru(RMC) gukaza ingamba mu guhangana n’abanyamakuru batangaza amakuru adafite ishingiro, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, kuko abangamira inzira y’ubumwe n’ubwiyunge. Ni mu gihe RMC ivuga ko idafite ububasha bwo kugenzura imbuga nkoranyambaga, ariko igashishikariza ubufatanye n’izindi nzego mu guhangana n’iki kibazo.

Mu kiganiro cyahuje Komisiyo y’Abadepite n’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura, abadepite bashimye uruhare rw’itangazamakuru mu kwimakaza amahoro n’ubwiyunge, ariko bagaragariza RMC impungenge ku itangazamakuru ritari kinyamwuga, cyane cyane rikorwa binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ritanga ibihuha bishingiye ku myumvire y’abantu ku giti cyabo aho kuba ku makuru yizewe.

Depite Juvenal Muragijemariya, umwe mu bagize iyo komisiyo, yagize ati: "N’ubwo dushima uruhare rw’itangazamakuru mu rugendo rwo kubaka igihugu, hari bamwe mu banyamakuru cyangwa abitwikira uwo mwuga, bakomeje gutambutsa amagambo n’ibitekerezo bitesha agaciro gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge, ibyo bikwiye gufatirwa ingamba."

Ku ruhande rwa RMC, Madamu Scovia Mutesi, Umuyobozi Mukuru w’uru rwego, yasobanuye ko n’ubwo RMC igira inama abanyamakuru no kubaganiriza ku ndangagaciro z’umwuga, nta bubasha ifite bwo kugenzura ibitangazwa n’abantu ku giti cyabo ku mbuga nkoranyambaga.

"Hari abahimba amazina cyangwa bagakoresha konti zitazwi, bakandika ibintu bikangisha rubanda cyangwa bigamije gutesha agaciro gahunda za Leta. N’ubwo RMC ishishikariza abanyamakuru gukora kinyamwuga, gukurikirana bene abo bantu bisaba imbaraga zinyuranye z’imikoranire hagati y’inzego zitandukanye," yasobanuye.

Abadepite basabye ko RMC ikorana bya hafi na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, kugira ngo barebe uko ibikorwa by’itangazamakuru birushaho guharanira kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge, ndetse n’uburenganzira bwa muntu.

Banibukije ko ibitangazwa n’itangazamakuru, iyo bidafite ishingiro cyangwa bishe amategeko y’igihugu, bishobora kuba intandaro y’amakimbirane n’urwikekwe, bityo bigasubiza inyuma ibikorwa byo gusana umuryango nyarwanda.

Post a Comment

0 Comments