Meya Muzungu: N’ubwo Ubukene Bwagabanutse, Abaturage Bakennye Baracyari Benshi

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Muzungu Gerard, aravuga ko nubwo ubukene bwagabanutseho 14% mu myaka 7 ishize, igipimo cy’abaturage babayeho mu bukene kigihangayikishije ubuyobozi.

Mu bushakashatsi ku mibereho y’ingo (EICV-7) bushya bwagaragaje ko igipimo cy’ubukene mu Karere ka Karongi cyavuye kuri 52,7% kigera kuri 38,2%, ni ukuvuga ko cyagabanutseho 14% mu myaka irindwi. Ibi byafashije Karongi kuva ku mwanya wa kane mu turere dukennye mu gihugu, ijya ku mwanya wa 11. Nubwo ariko hari intambwe yatewe, ubuyobozi buracyahangayikishijwe n’umubare munini w’abaturage babayeho mu bukene.

Meya w’Akarere ka Karongi, Bwana Muzungu Gerard, yagaragaje impamvu nyamukuru ziri inyuma y’ubu bukene, avuga ko akenshi bishingiye ku kuba abaturage benshi batunzwe n’ubuhinzi bukorwa mu buryo butarimo umwuga.

Yagize ati:"Kabone nubwo twavuye kuri 52% tukagera kuri 38%, kuba abantu 38 ku 100 babayeho nabi biraduhangayikishije."
Yasobanuye ko ubuhinzi bugifite imbogamizi zirimo gukorera ku buso buto, imikoreshereze mike y’ifumbire n’imbuto z’indobanure, ndetse n’ihindagurika ry’ikirere.

Ibihingwa bifatwa nk’inkingi y’ubukungu bw’Akarere, aribyo icyayi na kawa, nabyo ngo ntibirahingwa ku gipimo kinini kandi kigezweho.

Ku ruhande rw’Akarere, hari ingamba zashyizweho mu rwego rwo guhangana n’ubukene zirimo kunoza imikoreshereze y’ubutaka, kongerera ubumenyi abahinzi, korohereza abaturage kubona inyongeramusaruro, no guteza imbere ubworozi bw’umwuga.

Meya Muzungu agaragaza icyizere ko ubushakashatsi buzatangazwa ubutaha (EICV-8) buzagaragaza impinduka zigaragara, bitewe n’izi ngamba ziri gushyirwa mu bikorwa.

N’ubwo Akarere ka Karongi kagaragaza intambwe ishimishije mu rugamba rwo kugabanya ubukene, haracyari urugendo rurerure. Abayobozi b’Akarere bafite icyizere ko binyuze mu kongerera abaturage ubushobozi n’iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi, ubukene buzakomeza kugabanuka, kugeza ubwo abaturage bose bazabasha kugira imibereho iboneye.

 


Post a Comment

0 Comments