Ni inkuru yaje mu buryo
butunguranye, n’ubwo yari amaze igihe arwaye, abantu benshi bari
baramumenyereye nk’upfukamye, utuje, ariko wuzuye imbaraga z’ijambo ryubaka.
Uko imyaka yicumaga, Jorge
yakuranye umutima wuje impuhwe, ubusabane n’urukundo. Abamwigishije bavuga ko
yari umuhanga, ariko anafite umutima wo kwicisha bugufi, utajya yishyira
hejuru.
Ku 13 Werurwe 2013, Jorge
Mario Bergoglio yatorewe kuba Papa, asimbuye Papa Benedigito wa XVI wari umaze
kwegura ku nshingano ze ku mpamvu zitavuzweho rumwe na benshi biba ikintu
kidasanzwe. Ni we wa mbere mu mateka
- Waturutse muri Amerika y’Epfo
- Wo muri Jesuit
- Wahisemo izina rya Fransisiko, rimutandukanya nk’ushaka kuba hafi y’abakene, nk’uko Mutagatifu Fransisiko wa Asizi yabayeho.
Papa Fransisiko azahora
yibukwa kubera:
- Gufasha abakene: Yaharaniye ko Kiliziya isubira
ku nshingano zayo zo kuba hafi y’abatishoboye, abimukira, Abarwayi n’abapfakazi.
- Uburumbuke bw’ubuzima: Yagiye agaragaza ko
urukundo n’impuhwe biruta amategeko y’amabuye. Yavugaga ko “Kiliziya itari
ivuriro ryakira inkomere itari Kiliziya nyayo.”
- Gusaba imbabazi: Yasabye imbabazi ku
bw’ibikomere Kiliziya yateye mu mateka cyane cyane ibijyanye n’ihohoterwa
ryagiye rikorwa n’abihaye Imana.
- Kubungabunga ibidukikije: Mu gitabo cye Laudato
Si’, yahamagariye isi kurengera isi nk’inzu yacu twese.
- Gusabana n’abandi: Yakomeje inzira yo kuganira
n’abayisilamu, abayuda n’abandi batari abakirisitu, ashishikariza amahoro,
ukwihanganirana no kubahana.
Urupfu rwe rwamenyekanye saa
tanu z’i Vatikani (11:30 a.m.), rwemezwa ku mugaragaro n’urwego rushinzwe
gutangaza amakuru ya Papa. Mu Rwanda, inkuru yakiriwe saa cyenda n’igice ku
isaha ya Kigali (3:30 p.m.), w’itariki ya 21 Mata 2025.
Papa Fransisiko yanditse
amateka nk’uwagaruye ubuzima muri Kiliziya yari isa n’iyacitsemo ibice. Yari
umuntu utangaje, utari usanzwe, umubyeyi w’impuhwe, umuyobozi utinyeshyamba,
n’intwari y’urukundo.
0 Comments
Ibihe byiza! Tanga ibitekerezo byawe ku nkuru