Nigeria: Kuganira ku Mutekano muri Nijeriya,Aho Ba Guverineri Bashinjwa Guteshuka ku Nshingano zo Gufasha Inzego z’Ibanze.

Umudepite wo muri Leta ya Benue, Isaac Agbo, yatangaje ko ikibazo cy’umutekano mucye muri Nijeriya gishingiye ku kutagenera inzego z’ibanze ubushobozi buhagije, ashinja ba guverineri kurigisa inkunga igenewe uturere. Ibi byagarutsweho mu nama y’umutekano yabereye Makurdi, ndetse bitera impaka ku ruhare rw’abayobozi mu kurwanya umutekano mucye.

AGACE KA BENUE

Inkuru dukesha ikinyamakuru The punch cyavuze ko Mu gihe ibihugu byinshi bya Afurika bikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano, intara imwe yo muri Nijeriya, ari yo Leta ya Benue, yagaragaje ko ikibazo gituruka imbere mu buyobozi aho ba Guverineri bashinjwa kutubahiriza inshingano zabo zo guteza imbere inzego z’ibanze. Ibi byagarutsweho n’umudepite Isaac Agbo mu nama yari igamije kurebera hamwe aho ikibazo cy’umutekano muri Benue kigeze, ndetse n’icyo abayobozi bakora cyangwa batakoze kugira ngo gikemuke. Uyu mudepite, wiyemeje kuvugira abaturage bo mu gace ka Ohimini, avuga ko kudaha inzego z’ibanze ububasha n’ubushobozi bw’amafaranga ari isoko y’ibibazo byinshi by’umutekano.


Agbo, kandi uyobora Komisiyo y’Iterambere ry’icyaro mu Nteko ya Leta, yasobanuye ko ba Guverineri ari bo kibazo cy’ibanze. Yagize ati: “Aba ba Guverineri babona amafaranga menshi, ariko ntagera ku nzego z’ibanze. Abaturage ntibagerwaho n’ibikenewe mu rwego rwo kwiyubakira umutekano. Leta ni yo ikwiye kubazwa ibi bibazo.”

Yakomeje agaragaza ko inzego z’ibanze ari zo ziba hafi y’abaturage, bityo ko ari zo zikwiye gutanga ibisubizo bifatika ku bibazo by’umutekano, ariko ko bidashoboka igihe ntacyo zifite mu ngengo y’imari. “Niba koko turwana intambara isanzwe, twihagane tuyirwanye. Igisirikare kigomba gufata iya mbere mu kurengera abaturage,” yakomeje avuga.

Mu nama y’umutekano yabereye mu cyumba cy’inama cy’Ibiro by’Umuyobozi wungirije wa Leta ya Benue, hafashwe umwanya wo kuganira ku buryo habaho guharanira uruhare rw’abaturage mu by’umutekano, ndetse no kureba niba hari uburyo bushya bwakwifashishwa nk’uburyo bwa community policing.

Lazarus Mom, umujyanama mu muryango udaharanira inyungu “Lawyers Alert”, yasabye ko hajyaho uburyo buhamye bw’umutekano buhuriyeho n’abaturage, aho bagira uruhare mu gucunga umutekano wabo. Yagize ati: “Umutekano w’abaturage ugomba kuba urimo uruhare rwabo. Ntabwo dushobora gusigara dutegereje ko Guverinoma itwitaho yose; abaturage na bo bagomba kubigiramo uruhare runini.”

Yongeyeho ko mu turere twa Guma na Katsina-Ala, hashyizweho komite z’umutekano z’abaturage, zifatanya n’inzego z’umutekano mu gukemura ibibazo bihari. Ati: “Aho iyi gahunda yashyizweho, umutekano w’abaturage warateye imbere.”

Imibare y’iheruka gutangazwa n’ibinyamakuru byaho igaragaza ko Leta ya Benue yugarijwe n’ibitero by’abagizi ba nabi, ibikorwa by’ubwicanyi n’ubujura, ibituma abaturage bagira ubwoba bwo gukora ibikorwa byabo bya buri munsi. Ibi ni byo byatumye abadepite n’inzego z’umutekano bahagurukira hamwe gushaka umuti urambye.

Abasesenguzi bemeza ko kutagira igenamigambi rihamye mu gucunga umutekano, bituma inkunga ziva mu gihugu hagati zitagera ku baturage, bityo hakabaho gucikamo igice hagati y’ubuyobozi n’abaturage. Ibi bibazo byongeye kugaragazwa n’itangazamakuru nka The Punch, aho inkuru nyinshi zagaragaje kudohoka gukabije mu nshingano za bamwe mu bayobozi.

Uko imyaka ishira indi igataha, ikibazo cy’umutekano muri Nijeriya gikomeza kwiyongera, dore ko hari aho abaturage basigaye bishyiriraho ingamba zabo zo kwirwanaho. Ibi na byo bifite ingaruka mbi, kuko bishobora kuvamo ubwicanyi n’akarengane bidafite ishingiro.

Ikibazo cy’imitangire y’ingengo y’imari mu nzego z’ibanze ni imwe mu mbogamizi zikomeye zituma ibi bibazo bikomeza. Abaturage bagaragaza ko iyo inzego z’aho zifite ubushobozi, bishobora gutanga umusaruro ugaragara mu gucunga umutekano.

Inkuru y’Umudepite Isaac Agbo nk’uko yatangajwe n’ikinyamakuru The Punch, ishimangira ko kudaha inzego z’ibanze uburenganzira n’ubushobozi ari imbogamizi ikomeye ku gucunga neza umutekano w’igihugu. Mu gihe abayobozi batabazwa inshingano zabo, umutekano ukomeza kuzamba. Igisubizo cyashakirwa mu gushyira abaturage ku isonga ry’umutekano, no guteza imbere imiyoborere ishingiye ku baturage. Kuri iki, I Bihugu bi mwe na bimwe byo muri Africa byakwungukira mu kurushaho gushyira imbaraga mu nzego z’ibanze, zitanga ibisubizo bihuse ku bibazo biri hafi y’abaturage, harimo n’umutekano uhamye, ufite ubufatanye hagati y’abayobozi n’abaturage.

 

Source: https://punchng.com/benue-lawmaker-blames-insecurity-on-withheld-lg-funds/

Post a Comment

0 Comments