Mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 20 Mata 2025, imvura nyinshi yaguye ku gice cy’ishyamba rya Gishwati yateje imyuzure n’inkangu mu karere ka Rubavu, by’umwihariko mu Mirenge ya Nyakiliba, Nyundo na Kanama. Ibi biza byasenye inzu z’abaturage, byangiza imyaka, ndetse bituma bamwe bacumbikirwa n’abaturanyi. Abaturage basaba Leta ko yabimura ahandi hatekanye, kuko aho batuye ubuzima bwabo buri mu kaga.
Imvura yaguye mu ijoro ryo ku Cyumweru yateje imyuzure
yateje inkangu n’imyuzure, yangiza byinshi mu karere ka Rubavu. Imiryango 46 ni
yo yagaragaye ko yagizweho ingaruka zikomeye, aho bamwe ubu babayeho mu buzima
bubi, bari mu mazi, nta mutekano n’amacumbi. Imiryango imwe yatakaje aho kuba,
ibikoresho byangirika burundu, abandi bagatakaza imyaka yari mu mirima yabo.
Ibihingwa birimo ibirayi, ibitunguru, karoti, ibishyimbo
n’urutoki byari byarahinze kuri hegitari 9 byangiritse bikabije, bituma
n’ibiribwa bibura mu ngo ndetse bikagira ingaruka ku mibereho n’ubukungu bw’abo
baturage.
Umuturage umwe yagize ati: “Imvura yaguye ari nyinshi ku
gice cy’ishyamba, amazi yo muri iyi migezi arasandara aza mu ngo zacu. Ni bwo
natabajwe ngo duhunge. Mpamagara umugore kuko ntari mu rugo, telefone
ntiyayifata, ariko na bo amazi mu nzu yari amaze kuba menshi bumva
baratakamba…”
Mu rwego rwo kugabanya ibyago biva kuri iyi migezi, abaturage babyukiye mu muganda wo gusibura inzira z’iyo migezi zasibwe n’isuri nyinshi ikunda guturuka mu misozi y’ishyamba rya Gishwati ahari isooko y’iyo migezi.
source article: https://www.rba.co.rw/post/Rubavu-Ibiza-byasenye-inzu-46-binatwara-imyaka-yari-ihinze-kuri-hegitari-9
0 Comments
Ibihe byiza! Tanga ibitekerezo byawe ku nkuru