RDC: Urukiko rwa Gisirikare rwahanishije Joseph Kabila igihano cy’urupfu ku byaha bikomeye

Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), yahamijwe ibyaha bikomeye n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, rumuhanisha igihano cy’urupfu kitagabanywa.

Mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 30 Nzeri 2025, Urukiko rwa Gisirikare rwa RDC rwatangiye gusoma urubanza ruregwamo Kabila, wari uburanishwa adahari. Isomwa ry’uru rubanza ryamaze amasaha atanu, rugaragaza ibyaha bikomeye byamuhamye.

Urukiko rwemeje ko Kabila ahamwa n’ibyaha birimo: Gufata ku ngufu,Gushyigikira imitwe yitwaje intwaro igamije guhirika ubutegetsi,Ubugambanyi,Kugambirira guhirika ubutegetsi,Gushishikariza ibikorwa bigamije intambara

Urukiko rwasobanuye ko Kabila yagiranye imikoranire n’ubutasi bw’u Rwanda, igihugu ruvuga ko ari umwanzi wa Congo. Ibi byakozwe binyuze mu mutwe wa AFC/M23 ushinjwa guteza intambara mu Ntara za Kivu y’Amajyepfo na Kivu ya Ruguru.

N’ubwo ubutegetsi bumwita Umunyarwanda, urukiko rwagaragaje ko Kabila ari Umunye-Congo, bityo akaba yari afite uburenganzira bwo kuyobora igihugu no kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo. Kugeza ubu, afite icyubahiro cya Senateri ubuzima bwe bwose.

 Uretse igihano cy’urupfu, urukiko rwategetse ko Kabila agomba kwishyura: Miliyari 29 z’amadolari ya Amerika ku baregera indishyi, barimo Leta ya Congo n’imiryango y’abakorewe ibyaha,Amagarama y’urubanza nk’uko amategeko abiteganya

Impande bireba ntiziragira icyo zitangaza,Kugeza ubu, nta gisubizo kiratangazwa ku ruhande rwa Kabila cyangwa ubutegetsi bwa RDC. TERA Media Rwanda irakomeza gukurikirana iyi nkuru kugira ngo ibagezeho amakuru yizewe.

UWARIVUZE Emmanuel – TERA Media Rwanda
https://teramediarwanda.blogspot.com/

Post a Comment

0 Comments