Ishyirahamwe CPCR ryamaganye icyifuzo cya Kabuga Félicien wifuza kwakirwa n’u Bufaransa, rivuga ko ari ugutoneka abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kabuga Félicien, wahoze ari umushoramari ukomeye mu Rwanda,
aracyafungiwe i La Haye nyuma y’uko Urukiko rwa IRMCT rugaragaje ko adashobora
kuburanishwa kubera uburwayi. Umunyamategeko we yasabye ko yakwakirwa n’u
Bufaransa, aho umuryango we uba, kugira ngo amarane nawo iminsi ye ya nyuma.
Mu mwaka wa 2023 IRMCT yafashe icyemezo cyo guhagarika urubanza
rwa Kabuga kubera uburwayi butamwemerera kuburana. Kabuga ashinjwa
gutumiza toni z’imihoro yifashishijwe mu bwicanyi bwa Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994. Me Emmanuel Altit, umwunganizi we, yagaragaje ko
Kabuga yifuza kwakirwa n’u Bufaransa, bikaba bisaba uruhushya rwa Minisiteri
y’Ububanyi n’Amahanga n’iy’ubutegetsi bw’Igihugu.CPCR yamaganye icyo
cyifuzo, igaragaza ko ari igitutsi ku barokotse Jenoside. Ku wa 28 Nzeri
2025, IRMCT yagaragaje ko Kabuga adashobora gukora urugendo rurerure mu ndege.
CPCR yagaragaje ko u Bufaransa bwakomeje kwakira bamwe mu bategetsi
bateguye Jenoside n’imiryango yabo kuva mu 1994. Raporo ya Vincent Duclert mu 2021 yagaragaje uruhare rudasubirwaho rw’u
Bufaransa muri Jenoside. CPCR yibukije ko kuva uyu mwaka watangira nta
rubanza rushya rw’umunyarwanda ukekwaho Jenoside rwatangijwe, nubwo hari
abagera kuri 35 bakekwaho ibyaha. Yasabye ko u Bufaransa bushyira
imbaraga mu gukurikirana imanza za Jenoside, kugira ngo abakekwaho ibyaha
baburanishwe mbere y’uko bapfa cyangwa basuzumwa bagasangwa barwaye indwara
z’ubusaza.
CPCR yasabye ko Kabuga atemererwa kwinjira mu Bufaransa, kandi
hagakumirwa amakosa nk’ayakozwe mbere ubwo icyo gihugu cyahaga ubwihisho
abagize uruhare muri Jenoside. Yagaragaje ko ubutabera bukwiye gukomeza
gukurikiranwa no gushyirwamo imbaraga.
0 Comments
Ibihe byiza! Tanga ibitekerezo byawe ku nkuru