U Rwanda Rwatoranyijwe Nk’Igicumbi cy’Imiyoborere Myiza y’Imishinga: Kigali Yakira PMI Global Summit Series 2025

U Rwanda rugiye kuba umuyoboro w’ibiganiro by’ingenzi ku miyoborere y’imishinga ku rwego mpuzamahanga, binyuze mu kwakira inama ikomeye ya PMI Global Summit Series/Africa, aho hazagaragazwa uburyo ubufatanye, guhanga udushya n’ikoranabuhanga birimo ubwenge buhangano (AI) bishobora guteza imbere Afurika binyuze mu kuyobora neza imishinga.

Kuva tariki ya 19 kugeza kuya 21 Kanama 2025, Kigali Convention Center izaba icumbikiye inararibonye n’impuguke mu bijyanye no kuyobora imishinga baturutse imihanda yose. Ibi bizabera mu nama yateguwe n’Ikigo mpuzamahanga Project Management Institute (PMI), izwi nka PMI Global Summit Series/Africa. Iyi nama izibanda ku gufasha Afurika gushyira imbere imyoborere inoze y’imishinga, guhanga udushya no gutoza urubyiruko rushoboye, byose byubakiye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Africa on Purpose: Gather. Grow. Guide.”

Nk’uko byatangajwe na George Asamani, Umuyobozi wa PMI muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, u Rwanda rwatoranyijwe ku mpamvu zitari impanuka. “U Rwanda ni igihugu kimaze kuba icyitegererezo mu miyoborere myiza y’imishinga, kikaba gifite icyerekezo gishingiye ku guhanga udushya, kwihangira imirimo, ndetse n’imyumvire yo kudacika intege no gushaka kugera kure,” avuga Asamani.

Yongeraho ko igishushanyo mbonera cy’u Rwanda, imikorere ya Leta n’umutekano wabaye ishingiro ry’uko iki gihugu gishyirwa mu mwanya udasanzwe mu kwakira inama y’iki cyiciro.

PMI Global Summit: Igihe cyo kwigira no guhanga udushya

Iyi nama izaba ari urubuga ruhuza ibitekerezo, aho impuguke, abayobozi, abikorera n’urubyiruko baziga ku ngingo zitandukanye zirimo:

  • Uburyo bwo gucunga neza imishinga mu bihe bihindagurika
  • Gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu micungire y’imishinga
  • Imiyoborere ishingiye ku bufatanye
  • Guhuza udushya n’iterambere rirambye

Kayigamba Innocent, Umuyobozi wa PMI Rwanda Chapter, avuga ko iyi nama izaba ari amahirwe ku banyamwuga n’abifuza gutera intambwe muri uru rwego. “Twishimiye ko aya mahirwe aje mu Rwanda ndetse no mu karere kugira ngo afashe abanyamwuga. Hazasangizwa ubumenyi , ubunararibonye n’amahirwe yo guhura n’abandi, ibi bikazatuma abitabiriye bazakora impinduka nziza mu nzego n’imiryango bitandukanye babarizwamo,” yatangaje.

Iyi nama ntiyibanze gusa ku bamaze kuba abanyamwuga, ahubwo yanatekereje ku rubyiruko, binyuze muri gahunda yihariye yiswe Youth Edition. Iyi gahunda izaha umwanya urubyiruko rutandukanye harimo n’abanyeshuri, aho bazahugurwa ku miyoborere, uburyo bwo gutangiza imishinga, kwihangira imirimo no gukoresha neza ikoranabuhanga mu guhanga ibisubizo.

Asamani yagize ati: “Abakiri bato bakwiye kwitabwaho, hagatezwa imbere impano zabo kuko aribo bafite iterambere ry’ejo ry’Africa mu biganza. Ni ngombwa ko tubatoza gutekereza kure, gufata icyemezo no kuba indorerwamo y’impinduka.”

Ubwenge buhangano (AI): Ijambo ry’ingenzi muri iyi nama

Muri iyi nama hazanaganirwa ku ruhare rwa Artificial Intelligence (AI) mu miyoborere y’imishinga, cyane cyane mu guhanga ibisubizo byihuse kandi birambye. Ubu buryo bushya bw’ikoranabuhanga bukomeje gufata intera ndende ku isi, cyane cyane mu bijyanye no gucunga igihe, kugabanya amakosa mu micungire y’imishinga no gufata ibyemezo bishingiye ku isesengura ry’ukuri.

Abashinzwe gutegura iyi nama bemeza ko AI ishobora guhindura uburyo imishinga iyoborwa muri Afurika, cyane cyane mu gihe yashyirwamo imbaraga mu bijyanye n’uburezi, ubushakashatsi no gushyigikira udushya duharanira iterambere rirambye.

Akamaro k’iyi nama ku gihugu n’akarere

Kwemererwa kwakira iyi nama ni ikimenyetso cy’uko u Rwanda rufatwa nk’icyitegererezo ku rwego rwa Afurika. Ibi bizongera ku isura y’igihugu nk’ahantu hizewe ho gutangiriza ibitekerezo by’iterambere. Bizanatanga amahirwe ku rwego rw’ubukungu, kuko abitabiriye bazakenera serivisi z’amahoteli, ubwikorezi, ubucuruzi n’itumanaho.

PMI yasohoye uburyo bwo kwiyandikisha hifashishijwe urubuga rwayo, aho abifuza kwitabira bashobora guhitamo hagati y’amahugurwa y’igihe gito, ibiganiro mpaka n’amahuriro y’ubunyamwuga. Hazanabaho ibirori byo gusabana no guhana amakuru (networking), byitezweho kuzamura ubufatanye hagati y’abahanga bo mu bihugu bitandukanye.

 Kwakira inama ya PMI Global Summit Series/Africa ni ikimenyetso cy’uko u Rwanda ruhagaze neza mu bijyanye no gucunga imishinga, kurushaho gutera imbere mu bufatanye mpuzamahanga, no guha urubyiruko n’abanyamwuga b’ahazaza amahirwe yo kwagura ubumenyi. Iyi nama izaba umusingi w’ibiganiro bihindura Afurika, ihuriza hamwe ibitekerezo byubaka, binyuzwa mu miyoborere iboneye, ihanga udushya kandi ishingiye ku bumenyi bugezweho. Kigali yiteguye gutanga ikaze ku bashaka kugira uruhare mu gutekereza no kubaka ejo hazaza h’umugabane wacu.


Gira uruhare mu makuru yacu, imihigonews@gmail.com 

Post a Comment

0 Comments