Mu gihe u Rwanda rugiye kwinjira mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, urubyiruko rwo mu Karere ka Ruhango rufite intego yo gukomeza kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no kwigisha abandi kuyirinda, mu rwego rwo kubaka igihugu kizira amacakubiri
Mu mateka y’u Rwanda, urubyiruko rwagize uruhare runini
haba mu bihe byiza no mu bihe bibi. Mu rugendo rwo kubaka u Rwanda rushya
rufite ejo hazaza heza, urubyiruko rw’i Ruhango rwatangiye ibikorwa bigamije
gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside, cyane cyane muri iki gihe cyo Kwibuka
ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Murengezi Richard, umwe mu rubyiruko rw’i Ruhango, avuga
ko yiyemeje kuba umuyoboro w'ubutumwa bwiza bwo kwirinda no kurwanya
ingengabitekerezo ya Jenoside."Twe nk’urubyiruko dufite inshingano zo kurwanya
ikibi, cyane cyane ingengabitekerezo ya Jenoside. Tugomba kwirinda kuyikurura
no kwigisha abandi kuyirinda kugira ngo ibyabaye bitazongera ukundi,"
Richard atangaza.Ujeneza Beatrice na we ashimangira ko urugendo rwo kubaka
igihugu kidafite ingengabitekerezo ya Jenoside rusaba uruhare rwa buri wese,
by’umwihariko urubyiruko."Nk’urubyiruko, dufite imbaraga n’amahirwe yo kuba
abahagarariye iterambere ry’igihugu cyacu. Icyo bisaba ni ugukomeza kwigira ku
mateka, tukirinda ingengabitekerezo ya Jenoside kandi tugakangurira n’abandi
kuyirinda," Ujeneza avuga.Senateri Uwera Pelagie na we yagarutse ku ruhare
rw’urubyiruko mu gukomeza kurwanya ingengabitekerezo mbi no gushyigikira ubumwe
n’ubwiyunge."Rubyiruko, mufite imbaraga. Nimuzikoreshe mukora
ibyiza, mwirinde ibibi kandi mushishikarize abandi gukora ibyiza. Ni inshingano
yacu twese gukomeza kuba hafi abarokotse Jenoside, cyane cyane muri iki gihe
cyo Kwibuka," Senateri Uwera asaba urubyiruko.
Kwibuka si umuhango gusa, ahubwo ni igihe cyo kongera
gusubiza amaso inyuma, twiyemeza gukomeza urugendo rwo kwirinda no kurandura
ingengabitekerezo ya Jenoside burundu. Urubyiruko rw’i Ruhango rwatanze urugero
rwiza, ariko hakenewe ubufatanye bw’inzego zose kugira ngo uru rugamba
rusigasirwe.
Ni ngombwa ko urubyiruko rw’u Rwanda rwose rukomeza
guharanira amahoro, ubumwe n’ubwiyunge, hagashyirwa imbaraga mu kwigisha
amateka ya Jenoside kugira ngo ibyabaye bitazongera ukundi.


0 Comments
Ibihe byiza! Tanga ibitekerezo byawe ku nkuru